Si imiryango ifasha abacikacumu ahubwo ifasha abatutsi!

kwinjira muri AERG ntibisaba kuba waracitse kw’icumu ahubwo bisaba kuba uri umututsi, bityo si umuryango ufasha abacikacumu ahubwo ni umuryango ufasha abatutsi,ariko ukavangura abahutu!

Kuko ubwoko nibwo ukomora ku babyeyi, ntabwo wakomora ubucikacumu ku babyeyi bawe. Iyo rero ubucikacumu ubukomoye ku babyeyi, icyo uba ubakomoyeho ni ubututsi, icyo gihe biba bivuze ko na mbere hose icyari gishyizwe imbere kitari ubucikacumu ahubwo ni ubwoko. Rero si imiryango ifasha abacikacumu ahubwo ifasha abatutsi, kuko abafashwa na AERG ni abatutsi.

Aha nanone tumenyeraho ko ikigambiriwe atari ugufasha abatishoboye ahubwo ari uburyo bwo gucengeza amacakubiri mu banyarwanda, kubabibamo urwango, ubusumbane ndetse no kubamenyereza ko abana bamwe baruta abandi kugirango bazakure batyo, bamwe ari imbwa abandi ari za nka!

Erega umuntu kugutuka ngo wa mbwa we si ngombwa ko abumbura umunwa, ahubwo ibikorwa akugaragariza nibyo bikwereka icyo uricyo. Abana babahutu bafatwa nk’imbwa bakigera ku mashuri mu kubategurira imibereho yabo izaza y’ububwa!

Nkaba mbaza ababyeyi nti ese mwishimira ko abana banyu binjizwa muri iriya miryango aho babahindurira imitekerereze yabo bavukanye, bakabarema bundi bushya, aho bica ubumuntu bwabo? Ni ukuri ni nko kukwambura umwana wawe yari umuntu bakajya kumuhindura inyamanswa! Kuko ntiwarerwa na RPF ngo ube umuntu. Kabishwe Karasira yaranze kubyarira umwana mu Rwanda. Ngo amurere se? Kubyarira abicanyi akaba aribo bakurerera!

Abana babahutu bakura babona ibi bintu ubu bazigera bumvikana nabo bana babatutsi? Simvuze ko batazumvikana ariko ikigambirirwe ni ukugirango bazahore baryana. Abo bana nabo ni ukubica mu mutwe bakiri bato no kubicira ubumuntu. Mbese iyi mirerere nta heza hejo igaragaza, ahubwo ni ugutegura intambara zejo z’urudaca n’ubugome buhambaye.

Uziko umuntu yicara agashima Imana kuba atarigeze aba mu Rwanda rwa RPF! Ibaze munkoze ibi bintu ndi muto pe? Ukuntu iyo uri umwana uba wishimiye abandi bana bose se sha? Maze bagakora ku buryo utigera uba umwana,ahubwo uhita uhinduka ikirura n’ubwonko bwawe butarakura neza!

Be the first to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published.


*